Umunsi nk’uyu mu mateka: Tariki ya 30 Kanama
1 min read

Umunsi nk’uyu mu mateka: Tariki ya 30 Kanama

Turi ku wa 30 Kanama 2026.
Ni umunsi wa 242 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 123 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.
Ni Umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana abantu baba baraburiwe irengero hirya no hino ku Isi.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
2017: Edouard Ngirente yatangiye inshingano nka Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, imirimo yakoze kugeza mu 2025.
1981: Perezida wa Iran Mohammad-Ali Rajai na Minisitiri w’Intebe Mohammad-Javad Bahonar w’icyo gihugu, barishwe. (…)

Turi ku wa 30 Kanama 2026.

Ni umunsi wa 242 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 123 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.

Ni Umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana abantu baba baraburiwe irengero hirya no hino ku Isi.

Umunsi nk’uyu Kiliziya Gatulika irizihiza Mutagatifu Ildefonso Schuster

Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

2017: Edouard Ngirente yatangiye inshingano nka Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, imirimo yakoze kugeza mu 2025.

1981: Perezida wa Iran Mohammad-Ali Rajai na Minisitiri w’Intebe Mohammad-Javad Bahonar w’icyo gihugu, barishwe.

2014: Minisitiri w’Intebe wa Lesotho yahungiye muri Afurika y’Epfo nyuma yo gushinjwa gushaka guhirika ubutegetsi.

2021: Ingabo za nyuma z’Abanyamerika bari basigaye muri Afghanistan baratashye, bishyira iherezo ku ruhare rwabo mu ntambara yo muri icyo gihugu.

2023: Nyuma y’uko Ali Bongo yari amaze kongera gutorerwa kuyobora Gabon, abasirikare bahise bamuhirika ku butegetsi nyuma y’imyaka 56 igihugu kiyoborwa n’umuryango wa ba Bongo.

Mu muziki

2020: Lady Gaga yahize abandi mu bihembo bya MTV, aho yabaye umuhanzi w’umwaka, akanagira indirimbo y’umwaka ari yo “Rain On Me” yakoranye na Ariana Grande.

Abavutse

1930: Warren Buffett, umuherwe w’Umunyamerika.

1954: Alexander Lukashenko wabaye perezida wa mbere wa Belarus.

Abapfuye

1970: Abraham Zapruder wamenyekanye nk’umutangabuhamya ku iyicwa rya John F. Kennedy.

2001: Govan Mbeki, impirimbanyi y’ishyaka rya ANC akanaba se wa Thabo Mbeki wayoboye Afurika y’Epfo.

2022: Mikhail Gorbachev wayoboye Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *