Umunsi nk’uyu mu mateka: Tariki ya 14 Kanama
1 min read

Umunsi nk’uyu mu mateka: Tariki ya 14 Kanama

Turi ku wa 14 Kanama 2026.
Ni umunsi wa 225 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 139 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.
Pakistan irizihiza ubwigenge yabonye yigobotoye ubukoloni bw’u Bwongereza mu 1947.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
2004: Ingabo z’u Rwanda zatangiye kujya mu butumwa bwo kugarura no kubungabunga amahoro, aho zahereye i Darfur muri Sudani.
2013: Misiri yatangaje ibihe bidasanzwe nyuma y’uko inzego z’umutekano zishe abarenga 800 bigaragambyaga (…)

Turi ku wa 14 Kanama 2026.

Ni umunsi wa 225 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 139 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.

Pakistan irizihiza ubwigenge yabonye yigobotoye ubukoloni bw’u Bwongereza mu 1947.

Ku munsi nk’uyu Kiliziya Gatulika irizihiza Mutagatifu Maximilian Maria Kolbe.

Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

2004: Ingabo z’u Rwanda zatangiye kujya mu butumwa bwo kugarura no kubungabunga amahoro, aho zahereye i Darfur muri Sudani.

2013: Misiri yatangaje ibihe bidasanzwe nyuma y’uko inzego z’umutekano zishe abarenga 800 bigaragambyaga bashyigikira Mohamed Morsi wari uherutse guhirikwa ku butegetsi.

2015: Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Cuba, yongeye gufungura imiryango nyuma y’imyaka 54 yari ishize ibihugu byombi bidacana uwaka.

2021: Haiti yibasiwe n’umutingito ufite igipimo cya 7,2 abantu 2.248 bahasiga ubuzima.
Mu muziki

1985: Michael Jackson yaguze ATV Music n’uburenganzira ku bihangano by’itsinda rya The Beatles kuri miliyoni 45 z’amadolari ya Amerika aho nyuma y’imyaka 10 yagurishijeho 50% by’ubwo burenganzira kuri Sony akishyurwa miliyoni 150 z’amadolari.

Abavutse

1994: Maya Jama, umunyamakuru wamenyekanye mu bitangazamakuru bya BBC mu Bwongereza.

2004: Marsai Martin uzwi mu gukina no gutunganya filimi muri Amerika.

Abapfuye

1959: Balthazar Gafuku uri mu bapadiri babuhawe bwa mbere mu Rwanda, yitabye Imana aguye aho i Mugombwa aho yakoreraga.

1988: Enzo Ferrari, Umutaliyani washinze uruganda rwa Ferrari ruzwiho gukora imodoka zihagazeho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *