Cristiano Ronaldo nyuma yo guhabwa ikarita itukura mu ikipe y’igihugu yafatiwe umwanzuro na FIFA gusa ntabwo uvugwaho rumwe
Umwanzuro impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, yafashe kuri rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Portugal, Cristiano Ronaldo, wo guhanishwa gusiba umukino umwe kubera ikarita y’umutuku yabonye, ntabwo uvugwaho rumwe. Ni ikarita y’umutuku yabonye mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 Portugal yatsinzwemo na Ireland ibitego 2-0. Uku guhanishwa gusiba umukino umwe byahise bituma Cristiano Ronaldo […]
“Kwigisha abafite ubumuga ntabwo ari impuhwe ahubwo ni inshingano” Nsengimana Joseph
Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yagaragaje ko kwigisha abantu bafite ubumuga atari impuhwe igihugu kiba kibagiriye, ahubwo ari inshingano kuko uburezi budaheza bukubiyemo ibyiciro byose. Ni ubutumwa yatanze ku wa 27 Ugushyingo 2025 ubwo hatangizwaga ibiganiro by’iminsi ibiri ku byerekeye politiki y’uburezi budaheza by’umwihariko ku bafite ubumuga. Ni ibiganiro byabereye i Kigali ku nshuro ya kabiri, […]
Muri Champions League ikipe ya Arsenal yihanije ikipe ya Bayern Munich: Haribazwa uzahagarika iyi kipe?
Arsenal yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mikino w’Umunsi wa Gatanu wa UEFA Champions League wabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 26 Ugushyingo 2025 kuri Emirates Stadium. Uyu mukino wari utegerejwe cyane watangiye wihuta amakipe yombi asatirana agerageza uburyo bw’ibitego. Ku munota wa 22, Arsenal yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Julian […]
Umunsi nk’uyu mu mateka: Tariki ya 27 Ugushyingo
Turi ku wa 27 Ugushyingo 2025. Ni umunsi wa 331 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 34 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.Ni umunsi w’umwarimu muri Espagne.Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka1989: Indege yo mu bwoko bwa Boeing 727 ya kompanyi Avianca yo muri Colombia, yasandariye mu kirere, abantu 107 bayigwamo, ihitana […]
Ikipe ya Chelsea yanyagiye bikomeye Fc Barcelona mu mukino wa Champions League
FC Barcelone yari ifite icyizere cyinshi mbere yo guhura na Chelsea, yageze mu Bwongereza inyagirwa ibitego 3-0 irushanwa cyane mu mukino w’Umunsi wa Gatanu wa UEFA Champions League. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 25 Ugushyingo 2025, ni bwo ku bibuga byo mu bihugu bitandukanye hakiniwe imikino y’Umunsi wa Gatanu wa UEFA […]
Umunsi nk’uyu mu mateka: Tariki ya 26 Ugushyingo
Turi ku wa 26 Ugushyingo 2025. Ni umunsi wa 330 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 35 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.Ni umunsi mpuzamahanga wa Cake, aho abakunzi bazo bahura bakazikata ubundi bagasangira.Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka2020: Bwa mbere mu mateka, indege ya Kompanyi yo muri Israel yaguye ku butaka […]
Muri shampiyona y’Ubwongereza umukinnyi yahawe ikarita itukura nyuma y’uko akubise umukinnyi bakinana
Idrissa Gana Gueye ukinira Ikipe ya Everton yahawe ikarita itukura mu minota ya mbere y’umukino batsinzemo Manchester United, nyuma yo gukubita mugenzi we Michael Keane ku wa Mbere. Byabaye ubwo Bruno Fernandes yari ahushije uburyo bwashoboraga kuvamo igitego, Gueye na Keane batangira gushyamirana ku munota wa 13. Amashusho y’umukino yagaragaje myugariro Keane asunika Gueye inshuro […]
Umunsi nk’uyu mu mateka: Tariki ya 25 Ugushyingo
Turi ku wa 25 Ugushyingo 2025. Ni umunsi wa 329 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 36 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.Ni umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore.Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka2001: Microsoft yatangije Operating System ya Windows XP.2010: Umutingito uri ku gipimo cya 7.8 wibasiye Indonesia abantu 400 […]
God Ministers yashyize hanze indirimbo nshya yitwa “Rusi”
Itsinda ry’abaririmbyi babarizwa muri Korali Ministers of God yo mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi rya Mbugangali mu Karere ka Rubavu bashyize hanze indirimbo yabo ya mbere bise ‘Rusi.’ Iyi ndirimbo y’amashusho isohotse nyuma y’umwaka umwe gusa iyi Korali itangiye umurimo kuko yavutse mu Ukwakira 2024 ifite intumbero yo kuvuga ubutumwa bwiza binyuze mu ndirimbo. […]
Hari impungenge ku bantu bagaragarwaho n’ibibazo byo mu mutwe biterwa n’imyizerere
Mu minsi yashize abantu ntibasibaga kumva abantu basa n’ababaswe n’imyemerere, hamwe umuntu yirirwaga yinyagiza cyangwa akirirwa mu mugezi ngo ategereje ko ikibazo afite gikemuka aho gushaka inzira za nyazo zo kugikemura. Wasangaga bitwara umwanya w’umuntu aho ubona umuntu yaratindahaye ariko agakomeza kwizera ko ngo ari cyo Imana imushakaho n’ibindi ubona ko ari ububata bw’imyizerere. Icyakora […]