Pastor Ojo yasabye Abanyanijeriya gukomeza gusenga no kugira ibyiringiro
Umushumba wa Christ Apostolic Church (CAC) Harvest Centre, Bethel Land, Prophet Wale Ojo David, yasabye Abanyanijeriya gukomeza gusenga, kugaragaza urukundo no kwimakaza ubumwe, avuga ko ibyo ari ingenzi mu gihe igihugu gihanganye n’ibibazo bitandukanye. Ojo yatanze ubu butumwa mu gihe yasabaga Abanyanijeriya kudacika intege, ahubwo bagakomeza kugira ibyiringiro ku hazaza h’igihugu cyabo. Yagaragaje ko urukundo, […]
Umuhoza Barbara yavuze ko gatanya idakuraho agakiza ahubwo ikibazo ari ukwiyemeza kureka impano Imana yaguhaye
Umukozi w’Imana akaba n’umwanditsi w’ibitabo, Umuhoza Barbara, yavuze ko gatanya idakwiye gufatwa nk’impamvu ihita ituma umuntu atakaza agakiza cyangwa impano yahawe n’Imana, asaba Abakirisitu kwirinda gucira imanza abahuye n’iki kibazo. Umuhoza, uzwi cyane mu murimo wo gusemura mu Zion Temple Celebration Center, yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE Sports Club, ashingira ku bunararibonye bwe bwite […]
Papa Leo XIV yihanganishije ababuze ababo mu myuzure ikomeye yibasiye Nepal
Papa Leo XIV yagaragaje agahinda gakomeye nyuma y’ibiza bikomeye by’imyuzure n’inkangu byibasiye Nepal, bisiga abantu benshi bapfuye abandi baburirwa irengero. Mu butumwa bwo ku wa 27 Kanama 2026, bwashyizweho umukono na Karidinali Pietro Parolin, Umunyamabanga wa Leta ya Vatican, Papa Leo XIV yihanganishije imiryango yabuze ababo ndetse asabira abahuye n’ingaruka z’ibi biza. Inkuru dukesha Vatican […]
Baracyafite icyizere cyo kubaho_ Umubikira avuga ku buzima bw’Abanya-Ukraine bugarijwe n’intambara
Umubikira ukomoka mu Buhinde umaze hafi imyaka 25 akorera ubutumwa muri Ukraine avuga ko, nubwo intambara imaze igihe iteza abaturage ubwoba, urupfu n’imibabaro, benshi muri bo bagikomeje kugira ukwemera, icyizere n’icyifuzo cyo kubaho mu mudendezo. Mansera Liji Payyapilly, wo mu muryango w’Ababikira ba Mutagatifu Yozefu wa Saint-Marc, yabwiye Vatican News ko amasengesho akomeje kuba isoko […]
Gentil Bigizi mu ndirimbo Inkuru Simpamo yashimangiye ko Yesu aruta cyane uko abantu bamuvuga
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Gentil Bigizi, yagaragaje uburyo umuntu ashobora kumenya Yesu mu buryo burenze ibyo yumvise ku bandi, abinyujije mu ndirimbo ye “Inkuru Simpamo.” Muri iyi ndirimbo, Gentil avuga ko hari igihe umuntu ashobora kumenya Yesu abinyujije ku byo abandi bamuvugaho, ariko akagera aho agira ubunararibonye bwe bwite bwo kumumenya, agasanga ibyo yabwiwe bitagereranywa […]
Gukundwa n’umuntu si ngombwa kumuha amafaranga_RIB iraburira abantu kwirinda ibyaha byitwaje urukundo
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwagiriye inama Abanyarwanda, by’umwihariko urubyiruko, kutagirira umuntu icyizere gihubukiye mu mibanire y’urukundo, kuko hari abashobora kuyikoresha nk’uburyo bwo kwinjira mu buzima bw’umuntu, kumwubakamo icyizere, hanyuma bakamwambura amafaranga cyangwa imitungo. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko ubu buryo bushobora kuba bumwe mu mayeri akoreshwa mu byaha by’ubukungu, aho umuntu […]
Hari urubyiruko tutakibasha kugeraho_ Kiliziya Gatolika yasabye ubuvugizi ku kiliziya zafunzwe
Arikiyepisikopi wa Kigali akaba na Perezida w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, Antoine Cardinal Kambanda, yasabye Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, gukora ubuvugizi ku kiliziya zimwe zafunzwe ariko zikaba zarashyize mu bikorwa ibyo zasabwe gukosora. Cardinal Kambanda yabigarutseho ku wa 23 Kanama 2026, ubwo hasozwaga Ihuriro ry’Urubyiruko Gatolika ryari rimaze iminsi rihuza […]
Musenyeri Papias yagaragaje agahinda aterwa n’abana bafungiye ibyaha byo gufata ku ngufu
Musenyeri Papias Musengamana, Umwepiskopi wa Diyosezi Gatolika ya Byumba, yasabye ababyeyi, abayobozi, Kiliziya n’umuryango Nyarwanda muri rusange kongera imbaraga mu kurinda abana no gukumira ibyaha bikorwa n’abakiri bato. Musenyeri Papias yabigarutseho ku Cyumweru tariki ya 23 Kamena 2026, ubwo hasozwaga Ihuriro ry’Urubyiruko ryabereye muri Diyosezi ya Byumba. Mu gihe cy’iminsi ine y’iri huriro, urubyiruko rwagize […]
N’uyu munsi iyo mbyibutse birambabaza: Urubyiruko rukomeje guhura n’ibikomere byo gutandukana n’abo bakundaga
Impuguke mu buzima bwo mu mutwe zivuga ko ikibazo cyo gutereranwa cyangwa kubabazwa n’urukundo no kugira ububabare bw’urukundo ari ikibazo gikomeje kugaragara nk’imwe mu mbogamizi zikomeye zugarije urubyiruko, aho rimwe na rimwe gishobora gutera agahinda gakabije, kwiheba ndetse no kugira ibitekerezo byo kwiyambura ubuzima iyo kidafatiwe ingamba hakiri kare. Ubushakashatsi bwatangajwe mu kinyamakuru PLOS ONE […]
“Hari urukundo rw’ukuri ariko rutagenewe kuramba iteka”_Chizzy Francis agaruka ku gutandukana kwa Bella na Sheggz
Chizzy Francis yagize icyo avuga ku gutandukana kwa bagenzi be Bella Okagbue na Sheggz Olusemo, abasaba bombi guhitamo amahoro aho gukomeza amakimbirane. Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Chizzy yemeye ko umubano wabo wari wubakiye ku rukundo nyakuri, ibihe byiza basangiye ndetse n’imbaraga bombi bawushyizemo. Icyakora, yavuze ko iyo icyizere n’icyubahiro bitakibashije kubungwabungwa, gukomeza gutsimbarara […]