UR yahembwe asaga miliyari 4 Frw nyuma yo kuza mu mashuri makuru atanu ya mbere ateza imbere uburezi muri Afurika
Kaminuza y’u Rwanda (UR) yaje muri eshanu zagize uruhare mu guteza imbere uburezi ku Mugabane wa Afurika, ihembwa asaga miliyari 4Frw mu bihembo bya Africa Higher Education for Transformation (AHEFT) Prize byatanzwe n’Umuryango Imbuto Foundation. Ibi bihembo byatanzwe kuri uyu wa Mbere tariki 20 Nyakanga 2026, aho ari ku nshuro ya mbere byari bitanzwe gusa […]
Vestine na Dorcas batangiranye imbaraga urugendo rwabo rushya nyuma yo gutandukana na MIE
Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas, basohoye amashusho y’indirimbo yabo nshya bise ‘Itabaza’, ibaye iya mbere bashyize hanze nyuma yo gutandukana na MIE Empire, yari imaze imyaka itanu ibafasha mu rugendo rwabo rwa muzika. Iyi ndirimbo igaragaza intangiriro y’icyiciro gishya bahisemo gukomeza nk’abahanzi bigenga. ‘Itabaza’ yanditswe n’umuhanzi Niyo Bosco, mu gihe […]
Diyosezi ya Kabgayi yeguriye Imana Kiliziya nshya ya Paruwasi Kabugondo
Nyuma y’imyaka irindwi yubakwa, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kabgayi yashimye ubwitange bw’abakristu, abasaba gukomeza kubaka Kiliziya binyuze mu buzima bwabo bwa gikristu. Diyosezi Gatolika ya Kabgayi yanditse amateka mashya kuri iki Cyumweru, tariki ya 19 Nyakanga 2026, yegurira Imana Kiliziya nshya ya Paruwasi Kabugondo iherereye mu Murenge wa Mugina, Akarere ka Kamonyi. Mu Gitambo cya […]
Uriya munsi wo ku itariki 10 ndawibuka kandi sinzawibagirwa – Annette Murava
Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana yavuze ko amakuru y’irekurwa rya Bishop Gafaranga yamusize mu ihungabana rikomeye, asaba abantu kudacira urubanza ababaye batanyuze mu bihe nk’ibyo. Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Annette Murava, yatangaje ko hari umunsi utazigera usibangana mu buzima bwe, ari wo wa 10 Ukwakira 2025, ubwo yamenyaga ko umugabo […]
Mpora nsenga nsaba Imana ngo izanyereke igihe gikwiye cyo kuva mu muziki ntarasenya ibyo nubatse – Davido
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, Davido, yatangaje ko ahora asenga asaba Imana kumwereka igihe gikwiye cyo guhagarika ibikorwa bya muzika, atarasenya umurage n’ibyo amaze kugeraho. Yavuze ko kwemera ubuyobozi bw’Imana ari ingenzi, cyane cyane ku byamamare bihura n’igitutu gikomeye cyo gukomeza kugumana izina n’icyubahiro. Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru ryo muri Nigeria, Davido yagarutse ku […]
Kenya: Abapadiri barindwi bahagaritswe hanashyirwaho amabwiriza mashya yo gukaza imyitwarire n’imicungire ya Kiliziya
Umwepiskopi wa Diyosezi Gatolika ya Maralal, Myr Hieronymus Emusugut Joya, yahagaritse by’agateganyo abapadiri barindwi ndetse anatangaza amabwiriza mashya agomba kuyobora ubuzima n’imikorere y’abapadiri, avuga ko agamije kongera kubaka icyizere, gukomeza imiyoborere myiza no kurinda umutungo wa Kiliziya. Mu ibaruwa ya gishumba yasohotse ku Cyumweru, tariki ya 12 Nyakanga 2026, Myr Joya yavuze ko ibi byemezo […]
Turashimira Imana ku mugisha yaduhaye _ Micky yavuze ko biteguka kwibaruka ahamya ko urugo rwabo rwubakiye ku kwizera no gushimira Imana
Mu butumwa yageneye AG Promoter ku isabukuru ye, Micky yagaragaje ko kubaka urugo rwuzuye urukundo, amahoro n’umugisha ari byo ashyize imbere, ashimira Imana ku rugendo rwabo no ku mwana bategereje. Umukinnyi wa filime nyarwanda Mukobwajana Asifiwe, uzwi nka Micky, yakoresheje isabukuru y’umugabo we Agiraneza Pacifique uzwi nka AG Promoter nk’umwanya wo guhamya ko urugo rwabo […]
Vatican yateguje inama mpuzamahanga igamije gushimangira uruhare rw’umuryango mu butumwa bwa Kiliziya
Urwego rwa Vatican rushinzwe Abalayiki, Umuryango n’Ubuzima, ku bufatanye n’Ubuyobozi Bukuru bwa Sinodi, rwatangaje ko kuva ku wa 7 kugeza ku wa 14 Ukwakira 2026 i Vatican hazabera Inama Mpuzamahanga igamije gushimangira uruhare rw’umuryango mu butumwa bwa Kiliziya Gatolika no kurebera hamwe uburyo bwo kuwuherekeza mu bihe by’iki gihe. Iyi nama yahamagajwe na Papa Leo […]
Kiliziya ntiharanira ubutegetsi, iharanira ineza y’abaturage_ Karidinali Ambongo yikomye abashyigikiye guhindura Itegeko Nshinga
Karidinali Fridolin Ambongo Besungu, Arikiyepisikopi wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), yavuze ko igihugu kiri mu bihe bikomeye cyane, asaba abaturage kutemera gushukwa n’imvugo za politiki zishyira imbere inyungu z’abanyapolitiki aho kwita ku bibazo bibangamiye abaturage. Ibi Karidinali Ambongo yabivuze ku wa 5 Nyakanga 2026, ubwo yari mu rugendo rwa gishumba muri […]
Abavuga ko tutakimeranye neza si byo – Vestine na Dorcas bavuze ku mubano wabo na MIE nyuma yo gutandukana
Itsinda ry’abahanzi bakora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas, ryatangaje ko ryatangiye urugendo rushya nyuma yo gutandukana na MIE ya Murindahabi Iréné, rihumuriza abakunzi baryo ko nta kibazo kiri hagati yabo n’uwari umujyanama wabo. Mu butumwa banyujije kuri shene yabo ya YouTube kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Nyakanga 2026, Vestine […]