10 September, 2026
2 mins read

Nyuma y’imyaka 34 babana bitemewe n’amategeko, Mudenge na Vestine bakoze ubukwe bafashijwe na ADEPR

Mudenge Hamisi na Mujawayezu Vestine bamaze imyaka 34 babana, bakoze ubukwe nyuma y’igihe kirekire bategereje amahirwe yo gusezerana, babifashijwemo na ADEPR Paruwasi ya Remera. Aba bombi bari mu miryango 196 yasezeranye imbere y’Imana n’imbere y’amategeko mu muhango wabereye kuri Paruwasi ya Remera, mu Karere ka Gasabo, ku wa Gatandatu tariki ya 22 Kanama 2026. Muri […]

3 mins read

Nta muntu ntinya_ Cardinal Onaiyekan yanze kwisubiraho ku byo yavuze kuri Guverinoma ya Nigeria

Cardinal John Onaiyekan, wahoze ari Arikiyepisikopi wa Abuja muri Nigeria, yavuze ko adatinya Guverinoma cyangwa kunengwa na Perezida Bola Tinubu, ashimangira ko ibyo yatangaje ku bibazo byugarije Abanya-Nigeria yabivuze agamije kuvuga ukuri, aho gushimisha abayobozi. Onaiyekan yabivuze ku wa Gatatu, tariki ya 19 Kanama 2026, asubiza ku kunengwa n’Ibiro bya Perezida nyuma y’ibitekerezo yatanze ku […]

1 min read

Uko umara umwanya munini kuri telephone niko wiyongerera ibyago byo kugira umubyibuho ukabije

Ubushakashatsi bwakozwe muri Colombia bwerekanye ko gukoresha telefone zigezweho igihe kinini bishobora kuba bifitanye isano no kwiyongera kw’ibyago byo kugira umubyibuho ukabije. Ubushakashatsi bugaragaza ko urubyiruko rumara amasaha arenga atanu ku munsi kuri telefone rufite ibyago biri hejuru ku kigero cya 43% byo kugira umubyibuho ukabije. Ubu bushakashatsi bwakorewe ku banyeshuri 1,060 biga ibijyanye n’ubuzima […]

3 mins read

Abakristu ntibagomba gushingira ubwiza bwabo ku isura n’imyaka_Papa Leo XIV

Umushumba wa Kiliziya Gatolika yasabye abakirisitu kudashyira ubwiza ku isura n’imyaka, ahubwo bakabushingira ku rukundo, ukwemera n’ubuzima bw’umutima Papa Leo XIV yavuze ko umunsi mukuru w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya ari umwanya wo kwibutsa abakirisitu ko ubwiza nyakuri bw’umuntu butagarukira ku isura cyangwa ku busore, ahubwo bushingira ku buzima bw’umutima, urukundo n’ukwemera. Ibi yabivugiye […]

2 mins read

Tuzabe ba bandi bagaruka gushimira Imana_Pastor Jimmy Muyango

Pastor Jimmy Muyango, uyobora PEACE PLAN itegura igiterane cya Rwanda Shima Imana, yasabye Abanyarwanda kuzitabira igiterane kizabera muri Stade Amahoro ku wa 16 Kanama 2026, bagafatanya gushimira Imana ku byo yabakoreye. Ibi yabivugiye muri ADEPR Remera, mu butumwa yatanze ari kumwe n’Umushumba Mukuru wa ADEPR, Rev. Isaïes Ndayizeye. Muyango yavuze ko Abanyarwanda bafite impamvu nyinshi […]

1 min read

ADEPR: Kwishima udafite ubwenge nta byishimo nyakuri birimo

Itorero rya ADEPR ryashimye icyemezo cya Leta cyo guhagarika inganda zikora inzoga zitujuje ubuziranenge no gukumira izinjizwa mu Rwanda, rivuga ko ari intambwe ikomeye mu kurinda Abanyarwanda, cyane cyane urubyiruko, ingaruka z’ibiyobyabwenge n’inzoga z’akabya. Umushumba Mukuru wa ADEPR akaba n’Umuvugizi waryo, Pasiteri Ndayizeye Isaïe, yabivuze I Kigali mu kiganiro n’itangazamakuru cyateguraga Igiterane cya Rwanda Shima […]

1 min read

Papa Leo XIV yasabye abakirisitu gukomeza kwizera mu bihe bikomeye

Papa Leo XIV yasabye abakirisitu kudacika intege mu bihe by’ibigeragezo, ahubwo bagakomeza kwizera no kwiringira Yezu, kuko ukwemera gushobora kubafasha kubona amahoro n’imbaraga mu bibazo bahura na byo. Ibi yabivuze ku Cyumweru, tariki ya 9 Kanama 2026, ubwo yayoboraga isengesho rya Angelus imbere y’abakirisitu n’abasuye Vatican bari bateraniye ku Rwibutso rwa Mutagatifu Petero i Roma. […]

4 mins read

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yasabye Koreya y’Epfo kurekera Iyobokamana ubwisanzure

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yasabye Guverinoma ya Koreya y’Epfo kongera gusuzuma ifungwa rya Lee Man-hee, umuyobozi wa Shincheonji ufite imyaka 95, ivuga ko hakwiye kubahirizwa ihame ryo gufatwa nk’umwere kugeza igihe urukiko rumuhamije icyaha ndetse n’ubwisanzure bw’idini. Ibi byatangajwe ku wa 7 Kanama 2026, nyuma y’inama n’abanyamakuru yabereye muri Seoul Foreign Correspondents’ Club, yateguwe […]

2 mins read

Aline Gahongayire: Kwikunda no kwiyubaka ni umuti ukomeye urinda kwiheba

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yavuze ko kwikunda no kwimenya ari imwe mu ntwaro zamufashije guhangana n’ibigeragezo by’ubuzima, ashimangira ko umuntu akwiriye kwitoza kwibwira amagambo meza aho kwemera gutwarwa n’ibitekerezo bibi bishobora kumwangiriza ubuzima bwo mu mutwe. Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Aline yavuze ko buri munsi atangira yireba mu ndorerwamo […]

1 min read

Abanyamakuru bakwiye kuba intumwa z’amahoro_Karidinali Kambanda ubwo yatangizaga Signs World Congress 2026

Karidinali Antoine Kambanda yasabye abanyamakuru n’abakora mu itumanaho gukoresha umwuga wabo mu kubaka amahoro no kwimakaza ukuri, agaragaza ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yerekanye uburyo itangazamakuru rishobora gukoreshwa mu gusenya sosiyete cyangwa kuyubaka. Yabitangaje ku wa 4 Kanama 2026, ubwo yafunguraga ku mugaragaro SIGNIS World Congress 2026, inama mpuzamahanga y’abanyamakuru n’abakora mu […]