Category: IKORANABUHANGA
Mu Rwanda Ikoranabuhanga riri gutiza umurindi ihohoterwa rishingiye ku gitsina_Ubushakashatsi
Ubushakashatsi bw’Umuryango nyarwanda uharanira kwimakaza ihame ry’uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, umugabo abigizemo uruhare, (RWAMREC) bwagaragaje ko abantu benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga bahura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ritizwa umurindi n’ikoreshwa nabi ry’ikoranabuhanga. Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryifashishije ikoranabuhanga rigaragara mu buryo butandukanye. Harimo, gusakaza amakuru bwite cyangwa y’ibanga y’umuntu atabizi, abasakaza amafoto cyangwa […]
USA: Umushinga wo gukora lobo imeze nk’uruyuki ugeze kure
Itsinda ry’abashakashatsi rikorera muri Kaminuza ya Massachusetts Institute of Technology (MIT) muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryashyinze hanze lobo (Robot) y’uruyuki, igikomeje gukorwaho ubushakatsi, yitezweho kuba yakifashishwa mu buhinzi ku mu bumbe wa Mars mu gihe ubushakashatsi bwaba bwemeje ko ubuhinzi bwakorerwayo.Amakuru dukesha CNN avuga ko iyi lobo yiswe “bumblebees”, ifite uburemere nk’ubw’uruyuki rusanzwe, […]
Imyiteguro y’inama mpuzamahanga y’ikoranabuhanga rya telephone iteganyijwe kubera mu Rwanda irarimbanyije
Umuryango GSMA (Global System for Mobile Communications Association) uharanira iterambere ry’ikoranabuhanga rishingiye kuri telefone ngendanwa watangaje ko inama mpuzamahanga ihuza ibigo by’ikoranabuhanga yari yarasubitswe mu mwaka ushize izaba mu Ukwakira 2025. Iyi nama izwi nka MWC (Mobile World Congress) izabera muri Kigali Convention Centre kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 23 Ukwakira 2025, ihuze […]
Havumbuwe uburyo bwo gusiba inzibutso umuntu atifuza mu bwonko
Abashakashatsi bo mu Buyapani batangaje ko bavumbuye uburyo bushya bushobora gusiba zimwe mu nzibutso ubwonko bw’umuntu buba bwarabitse. Ubu buryo bushingiye ku gukoresha urumuri rw’ubururu rwerekezwa ku mikoranire y’uturemangingo twihariye two mu bwonko, bigatuma idohoka cyangwa igasibangana burundu. Ubushakashatsi bugaragaza ko iyo uru rumuri rukoreshejwe, imitsi yitwa “memory spines” igabanuka, bigatuma ubumenyi cyangwa imyitozo umuntu […]
Ibihugu icyenda byo muri Afrika byahagaritse ikoreshwa rya ChartGPT
Ikoranabuhanga rya ChatGPT, ryakozwe na OpenAI, rikomeje kuvugisha benshi ku isi hose. Mu bihugu bitandukanye bya Afurika, hari aho iri koranabuhanga ryagiye ribangamirwa cyangwa rigahagarikwa, bigatera impaka ku birebana n’ubwisanzure bwo kurikoresha, uburyo bwo kurigenzura, ndetse n’ubushobozi bwa Afurika bwo kwinjira mu isoko ry’udushya tw’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence). Nk’uko byagaragajwe na Cybernews muri raporo ya […]
Abakoresha Gmail bibwe amakuru na ba rushimusi bayifashisha mu nyungu zabo
Muri Kamena 2025, sosiyete ya Google yarinjiriwe, bitera impungenge ku mutekano wa konti za Gmail zisaga miliyoni 2,5. Itsinda rya ba rushimusi bo ku ikoranabuhanga ryitwa ShinyHunters ryabigezeho nyuma yo kwinjira mu bubiko bw’amakuru bwa Google, nyuma yo kubeshya umukozi w’iyi sosiyete agatanga amakuru ye [login details]. Google yemeje ko iki kibazo cyabaye muri Kanama […]
Hakozwe imashini izajya yuhagira umuntu ikanamuhanagura mu minota 15 gusa
Mu isi yihuta cyane aho buri munota ufite agaciro, isuku y’umuntu iri kurenga uburyo busanzwe bumenyerewe bwo kujya koga mu bwogero. Ubuyapani, igihugu kizwiho udushya n’ubuhanga buhanitse, cyongeye kugaragaza ubushobozi bwacyo mu guhanga igikoresho gishobora guhindura uburyo abantu basukura imibiri yabo buri munsi mu gihe gito cyane. Iyo mashini yiswe Mirai Ningen Sentakuki, yakozwe na […]
Ese waba waramenye amakuru ajyanye na Robot Abashinwa bakoze ishobora gutwita no kubyara? Ese yaba igiye gusimbura abagore?
Mu gihe isi ikomeje gutera intambwe ikomeye mu ikoranabuhanga, Abashinwa batangaje inkuru itunguranye ivuga ko mu mwaka wa 2026 bazamurika ku mugaragaro robot ifite ubushobozi bwo gusama no kubyara. Ni ikoranabuhanga ryashyizwe hanze na Kaiwa Technology mu imurikabikorwa mpuzamahanga ry’ibyogajuru n’ama-robot (World Robot Conference) ryo mu 2025, rikaba ryitezweho guhindura byinshi mu buvuzi bw’uburumbuke no […]
Biteganyijwe ko ikoranabuhanga rya E-Ubuzima rigomba gutangira gukoreshwa hose bitarenze 2025
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko Ikoranabuhanga rya E-Ubuzima rizaba ryatangiye gukoreshwa mu bitaro byose n’ibigo nderabuzima bitarenze uyu mwaka (2025). E-Ubuzima (National Electronic Medical Record System) ni ikoranabuhanga ryifashishwa mu gutanga serivisi ku bagana ibigo nderabuzima n’ibitaro bikuru, aho umurwayi asabwa imyirondoro ikandikwa muri mudasobwa, ubundi akayoborwa muri serivisi z’ubuzima akeneye. Ni ikoranabuhanga aho ryatangiye […]
Porogaramu za ‘AI’ ziganiriza abana iby’abakuru zigiye gutuma Meta ikorwaho iperereza
Abasenateri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangaje ko bagiye gutangiza iperereza kuri Sosiyete ya Meta, nyuma y’amakuru avuga ko porogaramu zayo zitandukanye z’ikoranabuhanga rishingiye ku bwenge buhangano [Artificial Intelligence– AI] zishobora kuba zigirana ibiganiro bidakwiye n’abana bato. Bavuze ko mu gihe abana bari gukoresha izi porogaramu, zitamenya amagambo zikoresha zikisanga zababwiye ibidakwiye bitajyanye […]