Kwibuka32: Rev. Baho Isaie yasabye urubyiruko n’amadini kuba umusingi w’u Rwanda ruzira Jenoside
Mu Cyumweru cy’Icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Rev. Baho Isaie yagaragaje ko urubyiruko n’abanyamadini bafite uruhare rukomeye mu kurinda amateka no kubaka ejo hazaza harangwa n’ubumwe n’amahoro arambye. Mu gihe u Rwanda ruri mu Cyumweru cy’Icyunamo cyatangiye ku wa 7 kugeza ku wa 13 Mata 2026, cyo kwibuka […]
Korali Abasaruzi yagarutse ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi inasigasira icyizere cy’Abanyarwanda
Korali Abasaruzi yo mu ADEPR Bweramvura yashyize hanze indirimbo “Rwanda Komera” igaruka ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahumuriza abayirokotse ikanashimira Imana n’FPR Inkotanyi ku ruhare bagize mu kubohora u Rwanda. Korali Abasaruzi ikorera umurimo w’ivugabutumwa mu itorero rya ADEPR Bweramvura yashyize hanze indirimbo nshya yise “Rwanda Komera”, indirimbo yuje ubutumwa bukomeye bwo […]
Umupadiri yamaganye umugore wamwohererezaga amafoto y’urukozasoni, avuga ko azayamwerekana imbere y’abakirisitu
Amashusho yakwirakwiye agaragaza padiri wo muri Nigeria wavugiye mu misa ko hari umugore wamwohererezaga amafoto n’amashusho by’urukozasoni, amuburira ko natabihagarika azabimugaragaza imbere y’abakiristu, ibintu byateje impaka ku mbuga nkoranyambaga. Muri Nigeriya hakwirakwiye amashusho ku mbuga nkoranyambaga agaragaza padiri wa Kiliziya Gatolika wamaganye imyitwarire y’umugore umwe mu bakristu wamwohererezaga amafoto n’amashusho ateye isoni, ibintu byateje impaka […]
Papa Leo XIV yanenze Trump ku magambo y’iterabwoba, asaba amahanga kugaruka ku mahoro n’ibiganiro
Papa Leo XIV, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 07 Mata 2026, mu kiganiro n’abanyamakuru hanze ya Villa Barberini i Castel Gandolfo, yanenze amagambo y’iterabwoba yatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump, wavuze ko ashobora kuzimangatanya igihugu cya Iran, yongeraho ko ayo magambo arenze ku mategeko mpuzamahanga. Mu […]
Padiri wa Paruwase ya Kiziguro yatawe muri yombi nyuma yo gusomera misa mu rugo rw’Abenebikira
Abayobozi barasabye abaturage kwirinda gusengera ahantu hatujuje ibisabwa mu gihe insengero zimwe zigifunze nyuma yuko mu Karere ka Gatsibo padiri atawe muri yombi azira gusomera misa ahatemewe ku munsi wa Pasika. Mu Karere ka Gatsibo, Umurenge wa Kabarore, hafatiwe umupadiri wa Kiliziya Gatolika wasomaga misa mu buryo bunyuranyije n’amabwiriza, mu gikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru […]
Ubushakashatsi: 45% by’abasore bari hagati 18 na 205 ntibarigera baterata umukobwa inshuro n’imwe
Ubushakashatsi bwakorewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku basore bafite imyaka iri hagati ya 18 na 25, bwagaragaje ko hafi kimwe cya kabiri cyabo batinya gutereta kubera gutinya ko babanga bimwe bita guterwa indobo cyangwa bakabaseka. Mu bakoreweho ubushakashatsi, 29% bavuze ko nta na rimwe bigeze begera umukobwa ngo bamwereke amarangamutima yabo, naho 27% […]
Papa Leo XIV yikoreye umusaraba muri Colosseum, ashimangira ubutumwa bw’amahoro n’ubufatanye ku Isi
Mu gikorwa kidasanzwe cyaherukaga mu myaka irenga 30, Papa Leo XIV yagaruye umuco wo kuyobora Inzira y’Umusaraba yikoreye umusaraba, agaragaza ko Kiliziya igomba kwifatanya n’Isi mu bihe by’ububabare n’ibibazo bikomeye. Ku wa Gatanu Mutagatifu, Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Leo XIV, yakoze igikorwa kidasanzwe cyo kuyobora amasengesho y’Inzira y’Umusaraba mu nyubako y’amateka ya […]
Ukwemera ni umusingi w’ingo n’amahoro ku Isi_Cardinal Kambanda yasabye abakirisitu gushinga imizi mu Mana
Mu Misa ya Pasika yabereye kuri Katedarali Saint Michel i Kigali, Antoine Cardinal Kambanda yagaragaje ko ibibazo byugarije Isi birimo intambara n’ingo zisenyuka bishingiye ku kubura ukwemera, asaba abakirisitu kurushaho kwegera Imana no kwimakaza urukundo. Mu gihe abakirisitu Gatolika ku Isi bizihizaga Umunsi Mukuru wa Pasika, Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, yasabye abakirisitu kugira […]
Chance ni umugisha kuri njye: Ben na Chance bagarutse ku mbaraga zo gukorana nk’umugabo n’umugore mu muziki
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyagarutse ku gitaramo cya Easter Jubilee, Ben na Chance basobanuye uko ubufatanye bwabo nk’abashakanye bwabaye inkingi y’iterambere ry’umuziki wabo n’ubuzima bwabo muri rusange Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 03 Mata 2026, habaye ikiganiro n’itangazamakuru kibandaga ku gitaramo “Easter Jubilee” cyateguwe n’abahanzi baramya bakanahimbaza Imana, Ben na Chance. Iki kiganiro cyitabiriwe ndetse […]
Ben & Chance bongeye kumvikanisha ubutumwa bukomeye mu ndirimbo yabo nshya
Mu gihe bitegura gutaraamira abakunzi babo banabafasha kwizihiza ibyishimo bya Pasika, abaramyi Ben & Chance bakoze mu nganzo bumvikanisha ubutumwa bukomeye mu ndirimbo yabo nshya bise “Kare Mu Museke,” igaruka ku buzima bwa gikristo. Itsinda ry’abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ben & Chance, ryashyize hanze indirimbo nshya “Kare mu museke”, igamije gukangurira […]