10 September, 2026
1 min read

Konti ibihumbi 10 za Instgram zafunzwe

Bamwe mu bakoresha urubuga rwa Instagram bijujutiye icyemezo cyafashwe na Meta icunga uru rubuga, nyuma y’uko ifunze konti (accounts) hagakekwa ko zaba zararenze ku mabwiriza agenga uru rubuga.‎‎Amakuru dukesha BBC, avugako ko abafungiwe konti, ari bamwe mu bashinjwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni yangiza abana, ariko na bo bakavuga ko barenganijwe.‎‎Abahuye ni iki kibazo barenga ibihumbi 10 […]

1 min read

Ikoranabuhanga: Hari gukorwa amadarubindi azajya afasha abantu batumva neza

Abashakashatsi bo muri kaminuza zitandukanye muri Écosse bari gukora amadarubindi afite umwihariko wo gufasha abantu bafite ibibazo byo kutumva neza. Aya madarubindi azaba afite camera izajya ireba ibyo uyambaye abona, mu gihe ari kugirana ikiganiro n’umuntu, ifate amajwi. Ayo majwi azajya yoherezwa kuri ‘server’ kuri ubu ziri muri Suède aho porogaramu zabugenewe zizajya zihita ziyayungurura […]

1 min read

Yabaye iciro ry’imigani nyuma yo kuvuga ko asigaye akoresha ChartGPT mu gufata ibyemezo bya politiki

Minisitiri w’Intebe wa Suède, Ulf Kristersson, yabaye iciro ry’imigani nyuma yo gutangaza ko yifashisha ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano rya ChatGPT mu gufata ibyemezo bimwe na bimwe bya politiki. Minisitiri Kristersson yavuze ko akoresha uru rubuga nk’inyunganizi itanga ibitekerezo byihariye ariko ko adashyiramo amakuru y’ibanga cyangwa areba umutekano w’igihugu. Gusa ibi ntibyakiriwe neza na bamwe mu banyapolitiki […]

2 mins read

Izamuka rikabije ry’ibyaha byo kuri murandasi kubera AI rihangayikishije Leta ya Kenya

Leta ya Kenya iri guhura n’ikibazo gikomeye cy’umutekano wo kuri murandasi, nyuma yo gutangaza izamuka rya 201.7% mu byaha bikorerwa ku ikoranabuhanga (cybercrime) mu gihembwe cya mbere cya 2025. Nk’uko byatangajwe na Communications Authority of Kenya (CA), ibyaha byo kuri murandasi byazamutse cyane mu mezi atatu, biva kuri miliyoni 840.9 bigera kuri miliyari 2.5. Iri […]

1 min read

WhatsApp yasibye konti zirenga miliyoni 6.8 z’abatekamutwe- Byatangajwe n’Ikigo cya Meta

Ikigo cya Meta, gifite urubuga rwa WhatsApp, cyatangaje ko cyasibye konti zirenga miliyoni 6.8 z’abatekamutwe, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025.‎ Meta ivuga ko nyinshi muri izo konti zari zifitanye isano n’amatsinda y’abatekamutwe bakorera mu majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Asia, Aho bakoresha abakozi ku gahato mu bikorwa byabo. ‎Ibi byatangajwe mu gihe […]

1 min read

BitChat: Porogaramu nshya yo kohererezanya ubutumwa bidasabye internet cyangwa Sim card

BitChat ni porogaramu nshya ituma abantu bohererezanya ubutumwa bidasabye internet, nimero za telefoni cyangwa sim card. Yakozwe n’itsinda riyobowe na Jack Dorsey, uri mu batangije Twitter.  Ikoresha ikoranabuhanga rya Bluetooth, rituma ibikoresho biri hafi bishobora gutumanaho mu buryo bwihuse. BitChat yubakiye ku muyoboro utari umwe rusange (Decentralized network), kandi ubutumwa bwoherezwa mu ibanga rikomeye (encrypted), […]

2 mins read

U Rwanda mu bufatanye bugamije guteza imbere ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano ‘AI’

U Rwanda rwinjiye mu bufatanye na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) na Malaysia hagamijwe guteza imbere ikoreshwa rya AI mu bihugu bikiri mu nzira y’iterambere, nk’intambwe ikomeye mu kwimakaza iterambere ry’ikoranabuhanga muri Afurika. Aya masezerano yashyizweho umukono ku wa 31 Nyakanga 2025 i Dubai, ari mu mujyo wo kwimakaza amahame y’Urwego Rushinzwe Impinduramatwara ya Kane […]

1 min read

‎EU yatangaje uburyo bw’ikorabuhanga busuzuma imyirondoro y’abinjira mu Burayi

Abinjira ndetse n’abasohoka mu Burayi bashyiriweho ikoranabuhanga rya “Entry/Exit System (EES) ” rizafasha mu kugenzura imyirondoro, ubu buryo bukazahuzwa n’ubusanzwe bukoreshwa nka Passport, VISA n’ibindi.‎‎Amakuru dukesha BBC avugako inzego zibishinzwe z’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) zabitangaje kuri uyu Gatanu tariki 01, Kanama 2025, icyi cyemezo kikazatangira kubahirizwa ku bagenzi binjira mu Burayi ndetse n’abasohokamo kuva muri […]

1 min read

Ubushakashatsi: Kuki atari byiza Guha abana telephone batarageza imyaka 13?

Ubushakashatsi bushya bwasohowe n’ikigo cyitwa Sapien Labs cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bwagaragaje ko abana batangiye gukoresha smartphones mbere y’imyaka 13 bashobra guhura n’ibibazo bikomeye byo mu mutwe mu gihe bakuze. Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu barenga 27,000 bafite hagati y’imyaka 18 na 24 mu bihugu 190, bwagaragaje ko abana bahawe smartphones bakiri bato […]

1 min read

Umuburo w’Umuyobozi wa OpenAI ku bakoresha ChatGPT

Umuyobozi wa OpenAI igenzura ChatGPT, Sam Altman, yaburiye abantu baganiriza iri koranabuhanga amabanga yabo kuko ashobora kugezwa mu nkiko. Mu kiganiro ’This Past Weekend Podcast’, Altman yavuze ko ChatGPT idafite ubushobozi bwo kurinda amakuru, nubwo ikoreshwa n’abatari bake barimo n’abana bayifata nk’umujyanama. Altman yakomeje avuga ko abantu badakwiye kwitega ko ibiganiro bagirana na ChatGPT birinzwe, […]