Ikoranabuhanga rya E_Ubuzima rigiye gukoreshwa mu bigo by’ubuvuzi byose mu Rwanda
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko guhera muri Kamena 2026 amavuriro yose azaba akoresha ikoranabuhanga rya E-Ubuzima, rizafasha mu kwihutisha itangwa rya serivisi. Ni gahunda bakomeje gushyiramo imbaraga mu rwego rwo kwimakaza ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu buvuzi. E-Ubuzima ni ikoranabuhanga rizaba rikubiyemo uburyo bwo kubika amakuru ajyanye n’ubuzima bw’umuntu ku giti cye kuva atangiye kwivuza kugeza […]
Narabimubwiye ko tuzabisubiramo yaransondetse! Chance yavuze uko urukundo rwabo rwatangijwe no kwandikwa mu ntoki kubera kubura amagambo yo gukoresha
Umuhanzi Chance wo mu itsinda Ben na Chance yagarutse ku buryo bwihariye yasabwe n’umugbo we urukundo no kuzamubera umugore, ibintu byabereye mu modoka mu rugendo rudasanzwe, agakoresha kumwandika mu ntoki berekeza i Bujumbura. Mu buzima busanzwe, abantu benshi bamenyereye uburyo bwo gutereta bukoresha amagambo cyangwa ubutumwa bwo kuri telefoni, ariko kuri Chance byari bitandukanye cyane. […]
Abakiristu bakomeje kwakira neza ubutumwa bukomeye bw’indirimbo Kalvari
Itsinda Alarm Ministries rikomeje kugwiza ibigwi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, ryashyize hanze indirimbo nshya yitwa Kalvari igaruka ku butumwa bw’agakiza n’urukundo rwa Yesu Kristu ku bantu bose. Indirimbo Kalvari yageze hanze ku itariki ya 26 Werurwe 2026, itanga ubutumwa bukomeye ku bakirisitu n’abandi bose bayumva, igaruka ku gitambo cya Yesu Kristu cyabereye […]
Bivuze iki gutumirwa kwa Alicia na Germaine mu gitaramo gikomeye kigiye kubera muri BK Arena
Itsinda ry’abahanzi bakizamuka kandi bakunzwe mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana hano mu Rwanda, Alicia na Germaine, byamaze gutangazwa ko bakiriye ubutumire bugaragaza icyizere rifitiwe muri uyu muziki. Abahanzi Ben & Chance batangaje ko batumiye itsinda Alicia na Germaine mu gitaramo cyabo kizabera muri BK Arena, ibintu byafashwe nk’intambwe ikomeye kuri aba bahanzi bakizamuka […]
Abepiskopi Gatolika muri Afurika bagaragaje uko babona abashaka abagore benshi n’imbogamizi bitera mu ivugabutumwa
Raporo ya SECAM igaragaza ko Kiliziya igomba guhuza Ivanjili n’umuco nyafurika itirengagije ukuri ku rushako rw’umugabo umwe n’umugore umwe. Abepiskopi Gatolika muri Afurika basohoye raporo y’impapuro 25 igaragaza uko babona ikibazo cy’ubushyingiranwe bw’abagore barenga umwe (polygamie) n’ingaruka gifite mu butumwa bw’iyogezabutumwa, bashingiye ku nshingano bahawe n’Inteko Rusange ya XVI ya Sinodi y’Abepiskopi. Iyi raporo igamije […]
Pastor Gitwaza yasabye Abakristo kureka gucira abandi imanza ahubwo bakajya mu mwanya wo kubafasha
Pastor yagaragaje ko umuco wo gushinja no gucira abandi urubanza ukomeje kwiyongera, ashimangira ko ukwemera nyakuri gushingiye ku mbabazi no kwishyira mu mwanya wa mugenzi wawe. Mu nyigisho aheruka gutanga ku Cyumweru tariki ya 22 Werurwe 2026, Apôtre Paul Gitwaza yasabye Abakristo kongera gutekereza ku myitwarire yabo, cyane cyane ku bijyanye nuko bafata abandi bakoze […]
Goshen Choir igiye kumurika album nshya mu gitaramo Umwami Mwiza kizibutsa abakristo ko Yesu ari Umwami ugira neza
Iki gitaramo cyitezweho kuzamurikira Kristo iminyago kizahuriza hamwe amakorali n’abigisha b’Ijambo ry’Imana mu rwego rwo gukomeza kwizera no guhumuriza imitima y’abakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana Goshen Choir ikorera umurimo w’Imana mu itorero rya ADEPR SGEEM iritegura kumurika album nshya mu gitaramo cyiswe “Umwami Mwiza Album Launch”, igikorwa cyitezweho kuba umwanya wo gusangira ubutumwa bwiza no gukomeza […]
Diyosezi ya Ruhengeri iyoboye izindi mu bikorwa by’urukundo n’impuhwe
Mu Nteko Rusange ya Caritas Rwanda, abayobozi bashimye uruhare rwa Diyosezi ya Ruhengeri rudasanzwe mu gukusanya inkunga igenewe abatishoboye no gukomeza kuba ku isonga imyaka itatu yikurikiranya. Diyosezi ya Ruhengeri yongeye gushimwa nk’iyoboye izindi mu bikorwa byo gufasha abatishoboye, nyuma yo kugaragaza umusaruro uhamye mu gukusanya inkunga y’ukwezi kw’urukundo n’impuhwe, aho imaze imyaka itatu ikurikiranye […]
Iyo Yesu avuze yego ntawe uvuga oya_Inkuru y’umugore wasamye nyuma yo gukurwamo imiyoborantanga yombi yateje impaka
Abantu ku mbuga nkoranyambaga batandukanye bacitse ururondogoro bitewe n’ubutumwa bwatangajwe n’umugore wo muri Nigeria uvuga ko yatunguwe no gusama nyuma yo gukurwamo imiyoborantanga, bamwe bagaragaza ukwemera bavuga ko ari igikorwa cy’Imana Inkuru y’umugore wo muri Nigeria watangaje ko yasamye inda y’amezi atandatu nyuma yo gukurwamo imiyoborantanga yombi yakomeje guteza impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, aho […]
“Yesu urihe?” Umuramyi Judikay aribaza aho Yesu ari nyuma y’agahinda ko kubura umwana we wa Gatandatu
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya Imana muri Nigeriya, Judikay, ari mu gahinda n’ibibazo ku kwizera nyuma y’ubutumwa bwe bwakoze ku mitima ya benshi yibaza aho Yesu ari bitewe no guhura n’ikigeragezo gikomeye cyo kubura umwana we wa gatandatu. Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Judikay, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo gusangiza abamukurikira ubutumwa bwuzuye agahinda […]