15 September, 2026
2 mins read

Vatican News yasohoye Igitabo cy’amajwi cya Magnifica Humanitas, Inyandiko ya mbere ya Papa Leo XIV ku bwenge buhangano

Audiobook ya Magnifica Humanitas yateguwe mu Cyongereza na Vatican News mu rwego rwo gufasha abantu benshi kugera ku nyigisho za Papa Leo XIV zisobanura uburyo Ubwenge Buhangano bugomba gukorera inyokomuntu no kubungabunga agaciro kayo. Nyuma y’amezi make hatangajwe inyandiko ya mbere ya Papa Leo XIV yitwa Magnifica Humanitas, Vatican News yashyize ahagaragara igitabo cy’amajwi (Audiobook) […]

2 mins read

“Kwamamaza inkuru nziza ni inshingano ya Kiliziya” – Papa Leo XIV yasabye ko urubyiruko rurushaho kwegerezwa inkuru nziza

Papa Leo XIV yasabye inzego za Kiliziya Gatolika gukomeza kwamamaza Inkuru Nziza no gufasha urubyiruko guhangana n’ubukene bwa Roho buri kugaragara cyane muri iki gihe, cyane cyane mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi. Ibi Papa yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Gicurasi 2026, ubwo yakiraga abagize Inteko Rusange y’Urwego rwa Vatikani rushinzwe Ivanjili […]

3 mins read

Papa Leo XIV yasabye isi gukoresha AI mu kurengera umuntu aho kumusimbura

Mu ibaruwa ye ya mbere yiswe Magnifica Humanitas, Papa Leo XIV yagaragaje ko ubwenge buhangano bukwiye gukorera inyungu rusange, bugakoresha ukuri n’ubutabera aho guteza ubusumbane, intambara no kugenzura ubwisanzure bwa muntu. Papa Leo XIV yasohoye ibaruwa ye ya mbere yageneye Isi yose yise Magnifica Humanitas, agaragaza ko isi iri mu gihe gikomeye cyo guhitamo uko […]

4 mins read

“Natekerezaga ko azandinda ubukene” _Mabizela yagiriye inama abakobwa bakunda abagabo bakuze kubera amafaranga

Umunyeshuri warotaga kuzagira ubuzima bwiza binyuze mu gukundana n’umugabo ukize yavuze ko urwo rukundo rutaramba ahubwo ko birangira ubuze byose, asaba abakobwa kubanza kwiyubaka no kwigenga mbere yo kwiringira urukundo rushingiye ku mutungo. Umukobwa wo muri Afurika y’Epfo, Siyamthanda Mabizela, yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gusangiza abantu inkuru y’ubuzima bwe yavuze ko yamwigishije […]

2 mins read

Kwibuka: Korali Umusamariya Mwiza Nyamirambo SDA yifatanyije n’abatuye Umurenge wa Nyamirambo mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Bifashishije indirimbo Bahumurize itanga ubutumwa bwo gukomeza urugendo rwo kubaka ubumwe n’amahoro, Korali Umusamariya mwiza yahumurije inakomeza abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, yasize yasize aberenga miliyoni bishwe bazira uko bavutse.  Mu gikorwa cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyabereye mu Murenge wa Nyamirambo kuri uyu wa 24 Gicuransi 2026, Korali Umusamariya Mwiza yifatanyije […]

3 mins read

Diyoseze ya Ruhengeri izakira isozwa ry’Icyumweru cy’Uburezi Gatorika mu Rwanda mu mwaka wa 2027

Kiliziya Gatolika mu Rwanda yatangaje ko Icyumweru cy’Uburezi Gatolika cyo mu mwaka wa 2027 kizasozerwa muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, mu gihe yakomeje gushimangira ko uburezi nyabwo budakwiye kugarukira mu ishuri gusa, ahubwo bugomba no kubaka indangagaciro z’umwana n’imyitwarire ye. Ibi byatangajwe na Myr Jean Bosco Ntagungira, Umwepiskopi wa Diyosezi Gatolika ya Butare akaba na […]

1 min read

Genti Misigaro yashishikarije abantu kurushaho kwegera Imana mu ndirimbo nshya Ndifuza Gusa Nawe

Umuramyi ukunzwe mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Gentil Misigaro, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Ndifuza Gusa Nawe”, ashimangira ko ari imwe mu ndirimbo zizagaragara kuri album ye ya kabiri yise Yahweh. Iyi album iriho indirimbo 10 z’amajwi n’amashusho mu ndimi zitandukanye. Gentil Misigaro yavuze ko iyi ndirimbo yayanditse mu bihe byo gushaka kwegera […]

2 mins read

Abepiskopi bongeye kuburira abiyita Abatowe babasaba kugaruka mu murongo wa Kiliziya

Kiliziya Gatolika mu Rwanda yavuze ko ibikorwa by’itsinda ryiyita Abatowe bikomeje guteza urujijo mu bakristu, isaba abarigize guhagarika ibikorwa bidahuye n’inyigisho zayo no gusubira mu murongo wayo. Mu Nteko Rusange ya 178 y’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda yateraniye ku Ruyenzi kuva tariki ya 12 kugeza ku ya 15 Gicurasi 2026, Abepiskopi bongeye kugaragaza impungenge batewe […]

2 mins read

Itangazamakuru Gatolika ryasabwe gushyira imbere ukuri n’agaciro ka muntu

Mu gihe isi ikomeje kwinjira mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rishingiye ku bwenge buhangano, Kiliziya Gatolika muri Kenya yasabye abanyamakuru n’abakora mu itumanaho gukomeza kurinda ukuri, ubumuntu n’inshingano z’imyitwarire kugira ngo itangazamakuru rikomeze kuba umuyoboro wubaka sosiyete aho kuyisenya. Ibi byagarutsweho na Martin Kivuva Musonde ku Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Itumanaho […]

3 mins read

Nigeria: Diyosezi ya Wukari yatabaje nyuma y’isenywa rya Kiliziya zirenga 200 n’ubwicanyi buri kwibasira abakiristu

Kiliziya Gatolika muri Diyosezi ya Wukari yo muri Nigeria yatangaje ko ikibazo cy’umutekano muke gikomeje gufata indi ntera mu majyepfo ya Leta ya Taraba, aho ibikorwa by’urugomo n’ubwicanyi bimaze gusenya ubuzima bw’abaturage benshi ndetse n’insengero zari zisanzwe ari ibimenyetso by’icyizere n’ubumwe. Mu itangazo ryasohowe nyuma y’Inteko rusange ya gatatu ya Diyosezi ya Wukari, Umushumba wayo […]